in

Sam Karenzi nyuma yo kuvugwa muri APR FC yatangaje impamvu ikomeye irimo gutuma bakomeza kuzana ibi bihuha ndetse nicyo bashaka mu mukorera kitari cyiza

Sam Karenzi nyuma yo kuvugwa muri APR FC yatangaje impamvu ikomeye irimo gutuma bakomeza kuzana ibi bihuha ndetse nicyo bashaka mu mukorera kitari cyiza

Umunyamakuru w’imikino ukomeye hano mu Rwanda, Sam Karenzi yatangaje ko ibyo kujya muri APR FC ntabihari ahubwo abantu ngo hari icyo bamushaka ndetse yemeza n’icyabiteye kugirango bizanwe.

Mu ijoro rya cyeye nibwo hagiye ahagaragara ko ikipe ya APR FC igiye guha akazi abanyamakuru b’imikino barimo David Bayingana ndetse na Sam Karenzi ko gukora mu gice cy’itumanaho (communication).

Mu kiganiro Sam karenzi akora buri munsi yaje kuza mu buryo bweruya atangaza ko ari umunyamakuru wa Fine FM ibyo kujya muri APR FC ntabihari. Uyu munyamakuru anavuga ko impamvu irimo gutera ibi ngo ni abakinnyi iyi kipe yatangaje ku munsi wejo hashize abanyamakuru bamwe bamugirira ishyari ko ngo yabatanze aya makuru.

Ntabwo Sam Karenzi yigeze atangaza abo banyamakuru ariko abakurikirana ibiganiro by’imikino ku maradio atandukanye hano mu Rwanda bahita babibwira. Karenzi yavuze ko ahubwo abo baba batangaza ibintu nka biriya baba bashaka ko umuntu atabona akazi kuko ngo ntawanga akazi keza.

Ikiganiro Urukiko rw’ubujurire gikunzwe cyane hano mu Rwanda Sam karenzi akora buri munsi, akorana n’abandi banyamakuru bakunzwe barimo Muramira Regis, Niyibizi Aime ndetse na Dukuze Jean De Dieu.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Abasore 2 bibye akayabo k’amafaranga angana na miliyoni 4frw bari baziko bayatsindiye gusa ubwo bari bakiri ku yishimira bagwiriwe n’ijuru

Nyuma ya City Maid bongeye guhurira muri filime imwe! Amashusho y’integuza ya filime irimo Bahavu Jannet na Nick yagiye hanze – VIDEWO