in

Sadio #Mane yavuze amagambo bagenzi be bamubwiye ubwo yahushaga penaliti, ayo bamubwiye ubwo yaragiye gutera penaliti ya nyuma nuwo yatuye igikombe cya #AFCON2021

Mu kiganiro Sadio Mané yagiranye n’itangazamakuru ku munsi w’ejo ubwo umukino wa nyuma wa AFCON 2021 wahuje ikipe ya Senegal n’ikipe ya Egypt warangiraga yasobanuye ibyo bagenzi be bamubwiye ubwo yahushaga penaliti yari yahawe ku munota wa 4 w’umukino ndetse anavuga ibyo bamubwiye ubwo yari amaze gutera penaliti yahesheje igikombe cya AFCON 2021 ikipe ye bwa mbere mu mateka.

Sadio Mané yagize ati “Umva ngihusha Penariti abakinnyi bose baje kundeba, barambwira urayihushije ariko ntacyo bivuze, dutsinda nk’ikipe, tugatsindwa nk’ikipe. Ngiye Gutera i ya nyuma, buri mukinnyi yaje kundeba, nibyo byakoze ikinyuranyo. Nari niteguye cyane, buri umwe yaje avuga ko yifuza kumpesha umugisha. Ndabitegereza mu maso, nibyo byakoze ikinyuranyo.  Aaah ni njye mukinnyi wa nyuma utera Penariti niko umutoza yabihisemo kuva yewe 2017.  Iki gikombe uyu munsi? Abaturage bo muri Senegal barabaye cyane mu minsi yashize, cyane gusa ku giti cyanjye iki gikombe ndagitura Aliou Cissé, ntabwo muzigera mumenya icyo yakoreye umupira wa Sénégal! Cyane cyane Twe abakinnyi, kudutegura byose. Ku bambwira ko iki gikombe ngituye Aliou Cissé, mwumve ko abikwiriye”.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umunamba ntazibagirwa ibyamubayeho nyuma yo kwitiza imodoka y’umukiriya akayigongesha(video)

Ntibisanzwe: Umugabo wo mu Rwanda bamucukuriye imva bagiye gufata umurambo basanga ni muzima(inkuru irambuye)