in

NdababayeNdababaye NdabikunzeNdabikunze NDASETSENDASETSE YEGOKOYEGOKO

Rwanda: umugore ari mu marira menshi avuga ko Yanga wo mu gasobanuye yafungishije umugabo we(Video)

Umubyeyi witwa Uwimana Grace yatangaje ko akomeje kunyura mu buzima bubi ndetse ko ahorana intimba byose biturutse ku mugabo we wafunzwe aho yemeza ko byakozwe na Nkusi Thomas wamamaye nka Yanga muri Filime z’agasobanuye.

Uyu mubyeyi mu kiganiro yagiranye na shene imwe yo kuri Youtube yavuze ko ibi byabaye mu 2019 aho uyu mugabo we yatwaraga imodoka ya Yanga ndetse yari amaze umwaka wose ari umukozi we.Avuga ko baje kugirana amakimbirane maze Yanga amwambura ibyangombwa by’imodoka ariko akomeza kumubwira kujya mu kazi nta byangombwa afite. Uyu mugabo yarabyanze ndetse ubuyobozi bubijyamo baratandukana.

Uyu mugabo yahise atangira gutwara imodoka y’undi muntu.Hashize amezi ane avuye kwa YANGA nibwo yaje guhamagarwa na polisi agezeyo asanga ashinjwa ko yibye kalada y’imodoka. Uyu mubyeyi avuga ko umugabo we yakomeje guhangana na yanga aho yanashatse kubatwarira ibikoresho byo mu nzu , ndetse Yanga akamubwira ko azamwemeza.Avuga ko yaje kumufungisha imyaka 3 kuri ubu akaba amazemo ibiri. Grace avuga ko abayeho nabi kuko yabyaye ari wenyine kandi aba mu nzu idafite ibikoresho byose.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
5 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Pascal
Pascal
2 years ago

Nonese ikibazo konumva urukiko rwarabikemuye ubwo yanga arabazwa iki? Iyomyaka 3 irashinjywa yanga cg nurukiko? Twese twemera ubutabera bwomurwanda. Rero yaratsinzwe cg yabuze ibimenyetso bimushinjura. Abanyamakuru mujye mugenza gacye mubaze impande zose mubone gusohora inkuru. Nkubu yanga cg urukiko rwisobanuye iyinkuru yaba imfabusa.

Nana
Nana
2 years ago
Reply to  Pascal

Ibyo uvuze nukuri cyane

KAGERUKA
KAGERUKA
2 years ago

Muraho !
Abakora umwuga w’ itangazamakuru mujye mushishoza mbere yo gutangaza inkuru. Ntibibe gushaka amafaranga gusa, ahubwo bibe no guhesha agaciro ibyo mukora. Bitabaye ibyo twabatakariza agaciro.
Yanga ni muntu ki wafungisha umuntu?? Uretse na Yanga na Meya or Guverineri ntiyafungisha umwere. Nimvise ko harimo kwiba ibyuma by’ imodoka kd ibyo abashoferi barabikora cyane.
Niba rero ubutabera bwaramukatiye imyaka 3, ni uko ari umunyabyaha. Ntibyabazwa Yanga.
Gutangaza iyi nkuru sibibi, ikibi ni ukuvuga uruhande rumwe, mugasoza mugaragaza aho mubogamiye.
Mwigize abavugizi babarengana, nyamara akenshi nibo baba bari mu makosa.
Mujye mushishoza mubaze impande zombi bireba mureke kuyoborwa n’ amarangamutima.

MUNYANEZA Theophile
MUNYANEZA Theophile
2 years ago

Urukiko niba rwaranzuye,ntakundi…ariko Koko niba Yanga yarakoze Ubuntu nkubyo nasomye mu nkuru byo kurenganya,nawe namubwira ko uwo mutima Atari uwaakimuntu,rwose yazabibazwa narumvise ngo ninumurokore Yesu yazamugwanabi.

Genesis
2 years ago

Nanubu sintekereza ko Yanga Yaba agifite uwo mutima nkuwo ! Nibwiraga ko byarangiranye nigihe yafungishaga uwitwa Birasa mwamenye nka bitoryi abazi filime ze muri za 2009 uwo muntu mwajyaga mumwumva

Andi mafoto agaragaza Rihanna atwite yashyizwe hanze

Mu Rwanda: Umukobwa wiyemeje kuzapfana na mama we yakoze abantu ku mu mutima