in

Rwanda Premier League 2025/2026: Ibirori bya Ruhago mu Rwagasabo byongeye byagarutse ,Rayon Sports izacakirana na Kiyovu sports , APR FC ntizakina

Shampiyona y’u Rwanda 2025/26 izatangira ku wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, aho amakipe yose azatangira urugendo ruhatanira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda. Umunsi wa mbere uteganyijwemo imikino ikomeye izakirwa ku bibuga bitandukanye, harimo n’umukino witezwe cyane uhuza Kiyovu Sports na Rayon Sports.

Ku wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri, umukino ufungura Shampiyona uzahuza Gorilla FC na AS Muhanga guhera saa cyenda z’amanywa.

Ku wa Gatandatu tariki ya 13 Nzeri hateganyijwe imikino myinshi: Etincelles FC izakira Gasogi United i Rubavu, Bugesera FC yakire Gicumbi FC, naho Mukura Victory Sports yakirane Musanze FC. Polisi FC yo izahura na Rutsiro FC, mu gihe saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba (18:30) Kiyovu Sports izacakirana na Rayon Sports mu mukino w’amateka uzakurikirwa n’abafana benshi.

Ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri, AS Kigali izakira Amagaju FC guhera saa cyenda z’amanywa. Umukino wari utegerejwe wahuzaga APR FC na Marine FC ntuzaba kuko APR FC izaba iri guhagararira u Rwanda mu mikino ya CECAFA, ikaba ari impamvu uyu mukino wimuwe.

“Shampiyona nshya ya Rwanda Premier League 2025/26 iratangira! Umukino witezwe cyane hagati ya Kiyovu Sports na Rayon Sports urakeye, mu gihe APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CECAFA.”

Shampiyona y’uyu mwaka irasubukurwa mu gihe amakipe yose yakoze imyiteguro ikomeye, bikaba bitegerejwe ko izatanga isura nshya n’imirindi myinshi y’umupira w’u Rwanda.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Shema Ngoga Fabrice yiyemeje guhara amafaranga ya CAF agashyirwa mu Iterambere ry’Umupira w’Amaguru

  • https://stream.zeno.fm/0fzvslccgngvv
  • YEGOB LIVE
  • YEGOB LIVE
  • https://stream.zeno.fm/h8a8g1chaxhvv
  • YEGOB RADIO
  • YEGOB RADIO