in

RIP: Muri Gicumbi umusore w’imyaka 29 yakubise umuhini wo mu mutwe umukecuru w’imyaka 73 ahita yitaba Imana

RIP: Muri Gicumbi umusore w’imyaka 29 yakubise umuhini wo mu mutwe umukecuru w’imyaka 73 ahita yitaba Imana.

Tariki ya 1 Nzeri 2023 nibwo umusore wo muri Gicumbi w’imyaka 29 yakubise umuhini wo mu mutwe Nyirabuja w’imyaka 73 akamukomeretsa bikomeye nyuma akaza no kwitaba Imana.

Amakuru avuga ko intandaro yo gukubita umuhini uyu mukecuru, ko yaturutse ku ntonganya babanje kugirana. Ubwo barimo batongana, umukecuru yaciriye mu maso uyu musore, niko gufatwa n’umujinya ahita amukubita umuhini wo mu mutwe.

Uyu mukecuru yakomeretse bihambaye ahita ajyanwa kwa muganga gusa ntiyahiriwe n’ubuzima. Naho umusore we yahise ajya kwirega kuri Polisi avuga ko yakubise umukecuru umuhini amuziza kumutoteza.

Amakuru kandi avuga ko uyu musore yari amaze umwaka urenga yahira ubwatsi bw’amatungo mu rugo rwa Nyakwigendera.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Karagari, Akagari ka Rwesero, Umurenge wa Bukure mu Karere ka Gicumbi, ku wa 1 Nzeri 2023.

Written by Uwihirwe

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.:+250725077325

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Noneho Byiringiro League ntagitsinda igitego 1 gusa mu mukino! Rutahizamu Byiringiro League yongeye kwandagaza ikipe i Burayi ari wenyine aha ubutumwa Senegal yitegura guhura n’Amavubi yahamagawemo

Ibintu byahinduye isura i Nyarugenge: Miss Nyambo yerekanye ibintu byatumye Theo Bose Babireba atangaza amagambo adasanzwe nyuma yo kubikuta ijisho -AMAFOTO