in

RIP Marie Rose; Muhanga umugore yishwe na buji (bougie)

Mutatsimpundu Marie yari atuye mu Mudugudu wa Nyarucyamu I, Akagari ka Gahogo Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye buvuga ko urupfu rw’uyu mubyeyi rwamenyakanye taliki 07 Kanama, 2023.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude avuga ko amakuru bahawe n’abaturanyi, yemeza ko Mutatsimpundu Marie Rose yavuye mu bukwe kubera ko yabanaga n’umubyeyi we batangira kuganira, kubera ko inzu babagamo barimo kuyisana bakupa umuriro w’amashanyarazi bakajya bakoresha buji (bougie).

Nshimiyimana yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko Mutatsimpundu Marie Rose n’umubyeyi we bari mu ruganiriro, abana bari mu cyumba baryamye kandi buji yaka.

Ati: “Uwo muriro wa buji wahise utwika ibikoresho byo mu cyumba n’ibiryamirwa, abana baryamyeho noneho nyina (Mutatsimpundu) ashaka kubatabara.”

Gitifu avuga ko Mutatsimpundu yageze mu cyumba abana bararamo asanga ibintu byinshi byahiye yihutira kubizimya kugira ngo abana badashya.

Yakomeje agira ati: “Mutatsimpundu ageze aho baryamye igikapu kinini cyari hejuru y’akabati kiramanuka gifunga inzira yagombaga gucamo.”

Uwo muriro wamubanye mwinshi uramwotsa, aranegekara bikomeye abatabaye basanga ameze nabi bamujyana mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza i Butare, ahageze ahita apfa.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Inkuru itangaje y’uwari umujura wahindutse umupasiteri, akaba asigaye yigamba ko arya amaturo, ko yanayashatsemo umugore

Ndagukunda, hagize uwibeshya akakwanga nkabimenya! Karabaye Miss Nyambo atumye umugabo avuga igitutsi zatuka abantu bazamwanga akabimenya -AMAFOTO