in

Rayon Sports WFC yitwaye neza mu mukino ubanza wa 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports WFC yagaragaje imbaraga n’ubuhanga mu mukino ubanza wa 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro (Peace Cup 2025), itsinda Forever WFC ibitego 5-1. Ikipe y’abafana benshi mu Rwanda yerekanye umukino mwiza, itsinda ibitego byiza byanyuze benshi.

Abatsinze ibitego muri uyu mukino:

NIYONSHUTI Emerance

MUKESHIMANA Dorothée watsinze 2

Mary CHAVINDA GIBI

MUKANTAGANIRA Joselyne

Uyu mukino wasize Rayon Sports WFC ifite amahirwe akomeye yo gukomeza mu cyiciro gikurikiraho, kuko yinjije ibitego byinshi ndetse ikerekana ko ifite ubushobozi bwo guhatanira iki gikombe.

Ese Rayon Sports WFC izashimangira iyi ntsinzi mu mukino wo kwishyura? Reka dutegereze turebe uko bizagenda.

 

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

APR FC yavuye ku mwanya wa 2, Rayon Sports ikomeza kuyobora: Uko urutonde rwa shampiyona ruhagaze nyuma y’umunsi wa 21

Uwamutumye ndamuzi – Antha Biganiro yamennye amabanga kuri ruswa ivugwa mu mupira w’i Nyarugenge