in

Rayon Sports WFC yandarikiye ES Mutunda mu Nzove

Ikipe ya Rayon Sports WFC, ifite Shampiyona y’u Rwanda ishize, igikombe cy’Amahoro ndetse na Super Cup y’umwaka ushize w’imikino, yongeye kwerekana imbaraga zayo itsinda ES Mutunda ibitego 15-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Nzove. Uyu mukino wari ukomeye cyane ku ikipe ya ES Mutunda, dore ko yabonye igitego kimwe rukumbi ndetse yitsinze ibindi bibiri.

Rayon Sports WFC yitwaye neza muri uyu mukino, ikomeza kugaragaza ko ari imwe mu makipe akomeye mu Rwanda. Ibitego byinshi byabonetse mu gice cya mbere cy’umukino, ndetse abakinnyi nka Mukandayisenga, Emelance, Ukwinkunda, na bagenzi babo bakomeje gushimangira ko bafite intego yo kwegukana umusaruro mwiza muri shampiyona.

– Mukandayisenga (05): 25′, 32′, 54′, 56′, 79′
– Emelance (03): 13′, 37′, 75′
– Ukwinkunda (02): 07′, 15′
– Lukia: 27′
– Dorothee: 10′
– Mary: 63′
– ES Mutunda yitsinze ibitego 2.

Ikipe ya ES Mutunda yabonye igitego kimwe mu gice cya mbere, ariko ntibyabashije kuyifasha kuko Rayon Sports WFC yakomeje gushyira igitutu gikomeye ku izamu ryayo.

Ku itariki ya 12, Rayon Sports WFC izakina umukino ukurikira isura Kamonyi WFC, aho izaba ikomeje gahunda yo guhatanira umwanya wa mbere mu marushanwa.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Gukina playoffs ni inzozi twifuje igihe kinini