in

Rayon Sports Ibonye itsinzi ya kabiri muri Shampiyona

Rayon Sports yagaragaje imbaraga zidasanzwe mu mukino wa shampiyona y’u Rwanda, itsinda Rutsiro FC igitego 1-0, cyatsinzwe na Iraguha Hadji ku mupira yahawe na kapiteni Muhire Kevin ku munota wa 49. Uyu mukino wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu, waranzwe n’ihangana rikomeye .

Iyi ntsinzi ni iya kabiri yikurikiranya Rayon Sports, nyuma yo gutsinda Gasogi United mu mukino uheruka. Ubu, Rayon Sports ifite amanota 8 mu mikino 4 yakinnye, kuko ifite ikirarane cy’umukino na APR FC, umukeba wayo, bashobora kuzakina ku itariki ya 19/10/2024.

Umukino wahesheje Rayon Sports amanota y’ingenzi, ugizwe n’imbaraga cyane kuko bari bakeneye Aya manota , byerekana ko ikipe yiteguye guhatana muri Shampiyona.

Abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda barategereje byinshi mu mikino ikurikira , cyane cyane ku itariki ya 19/10, aho bazacakirana na APR FC.

IRAGUHA Hadji watsinze igitego cya Rayon sports

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

REG W BBC yaraye yandagaje Kepler W BBC mu mukino wa mbere wa 1/2 cya Betpawa Playoffs 2024