in

Perezida wa PSG yasubije abibazaga niba iyi kipe yakemera gusinyisha Ronaldo

Perezida wa Paris Saint Germaine, Nasser Al Khelaif yateye utwatsi ibyo kuzana Cristiano Ronaldo muri PSG atangaza ko iyi kipe ifite abakinnyi beza kandi bakomeye.

Nasser Al Khelaifi uyobora PSG yahakanye ibyo gusinyisha Ronaldo

Nubwo Cristiano Ronaldo akomeje imikino y’igikombe cy’isi hamwe na Portugal,inkuru zaho azerekeza zo ntizisiba kugaruka mu matwi y’abantu dore ko uyu mugabo ubu ntakipe afite izwi neza.
Nyuma y’uko ibihuha byamwerekezaga mu ikipe ya El Nasser Ronaldo abihakanye hakurikiyeho amakuru avuga ko Ronaldo ashobora kujya muri Paris Saint Germaine,maze Perezida wa PSG babimubajijeho abyamaganira kure mu magambo ye ati “Abakinnyi batatu dufite [Lionel] Messi, Neymar na [Kylian] Mbappe, biragoye cyane, ariko ndamwifuriza ibyiza.”
. “Ni igitangaza kandi aracyari umukinnyi mwiza.”
Ibihuha byabanje kwerekeza Ronaldo muri Al Nassr muri Arabia Saudite

Ronaldo yatandukanye na Manchester United mu kwezi gushize biturutse ku kiganiro rutwitsi yagiranye n’umunyamakuru Piers Morgan.

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Haringingo Francis utoza Rayon Sports yababajwe cyane n’abakinnyi 2 b’iyi kipe baraye bavunitse

Umutoza wa Gorilla FC yatangariye ubuhanga budasanzwe bw’abakinnyi babiri ba Rayon Sports