in

Nyuma yo kuva muri Kenya Bwiza noneho aciye impaka ku mugaragaro, soma iyi nkuru nawe ushire amatsiko

Umuhanzikazi Bwiza umaze kwigarurira imitima y’abatari bake kubera ukuntu agaragara mu ndirimbo ze ndetse kandi akundirwa uburyo agaragara ku rubyiniro dore ko ahorana udushya buri uko agiye ku rubyiniro.

Uyu muhanzi kazi ukiri mushya muri muzika nyarwanda, umuziki we ukomeje gutera imbere. Byatumye atoranywa nk’umuhanzi mushya mwiza mu bihembo bya Kiss Summer Awards bitegurwa na radiyo Kiss FM.

Umuhanzikazi Bwiza niwe uyoboye abandi bahatanye mu cyiciro cy’umuhanzi mushya aho afite amajwi 88 ahigitse abandi bahanzi nka Yampano, Afrique, Chriss Eazy na Okkama.

Bwiza yari amaze iminsi mu gihugu cya Kenya aho yari ari muri gahunda yo kumenyekanisha umuziki we muri icyo gihugu ikindi kandi ari mu byishimo nyuma y’aho indirimbo ye Lady yujuje miliyoni y’abantu bayirebye ku rubuga rwa YouTube

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Bari mu cyumba ku gitanda kimeze neza Clapton Kibonke madamu we amukoreye agashya ku munsi w’isabukuru ye

Videwo: Ruediger yabyinnye imbyino zo muri congo bamaze gutsinda Fc Barcelona