in

Nyarugenge: Mudugudu atungwa agatoki ku kuba yaratwaye umugore wa Kirahinda ndetse akaza no gufungisha uyu mugabo kugira ngo adateza induru ku mugore we

Nyarugenge: Mudugudu atungwa agatoki ku kuba yaratwaye umugore wa Kirahinda ndetse akaza no gufungisha uyu mugabo kugira ngo adateza induru ku mugore we.

Abaturage batuye mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kanyinya akagari ka Nzovu mu mudugudu wa Rutaraga ya II bahangayishijwe na mugenzi wabo batwariwe umugore bakanamufungisha.

Uyu mugabo uzwi ku izina rya Kirahinda wafunzwe akanatwarirwa umugore bashakanye, Abaturage bavuga ko yahohotewe ku buryo buteye agahinda kuko mbere yuko ibi byose biba ngo yari yashukishijwe inzoga.

Mu kiganiro BTN yagiranye n’abaturage batuye muri uyu mudugudu wa Rutaraga ya II, bayitangarije ko batazi icyo uyu mugabo afungiwe kuko ajya gufungwa yabanje gushukwa n’umukuru w’umudugudu ngo aze baje kumugurira inzoga noneho nyuma yaho nibwo bamenye ko yafunzwe by’agaherere.

Bakomeza bavuga ko uyu mukuru w’umudugudu ariwe ubiri inyuma.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Irondo ry’Abagore barindisha ibibando ryaburijemo umugambi mubisha w’ibisambo

CAF iteye utwatsi ubusabe bwa Rayon Sports! Amakuru agezweho ku mukino wa Rayon Sports na Al Hilal