in

Nyanza:Hari umugabo wakubiswe kugeza apfuye umurambo we ujugunywa mu bisambu

Umurambo wuyu mugabo witwaga Irihose Nsabimana w’imyaka 34 y’amavuko yasanzwe mu bisambu yapfuye bikaba bikekwa ko yishwe akubiswe.

Byabereye mu kagari ka Murinja mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza akaba ari naho yaracumbitse.

Amakuru dukesha Umuseke abaturanyi be bavuze ko yishwe n’abantu bahoze bamukubita bavuga ko yabibye.
Gusa amakuru ahari avuga ko uyu nyakwigendera ashobora kuba yishwe kuko yabanje gukubitwa.

Uyu nyakwigendera yakomokaga mu gihugu cy’Uburundi, abakekwa bahise bacika bakaba bagishakishwa.

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umukobwa ukora umwuga w’uburaya yakase mugenzi we imyanya ye y’ibanga bapfa umugabo

Miss Teta Sandra agiye gusubira muri Uganda