in

Nubona umukobwa mukundana akora ibi bintu, ba ugiye gufata irembo hakiri kare batari bamugutwara

Akenshi bimenyerewe ko abakobwa nta rukundo ruhambaye bakigira ahubwo baza bakurikiye iilbintu byashira bakagenda, gusa ariko urukundo ruracyariho ndetse nubona ibi bintu bukorwa n’umukobwa mukundana, uraba utagosorera mu rucaca.

Aragukebura

Mu Kinyarwanda baca umugani ngo ntawigira kandi ngo ntamugabo umwe. Umukobwa ugukunda by’ukuri agerageza kugukebura aho abona bitagenda neza. Iyo abona ufite imico cyangwa ingeso zikwangiriza isura mu bandi,akoresha uko ashoboye akakwereka ububi bwayo akanagufasha kuyikira.

2.Agukunda uko uri

Umukobwa ugunda by’ukuri agukundira uko uri. Ushobora kwibaza uti ese,mfite urwego rwiza rw’ubuzima ndiho kugeza ubu,nabwirwa n’iki unkunda atankundiye ibyo mfite .

3.Kukubaha

Umukobwa ugukunda by’ukuri arakubaha. Guca bugufi k’umukobwa /umugore imbere y’igitsinagabo ni ikimenyetso cy’urukundo.

4.Ntagusaba ibya mirenge

Umukobwa ugukunda ntaguhoza ku nkeke agutura ibibazo ,n’ibyo udashoboye akabikwikoreza.

5. Agushyira muri gahunda ze z’ejo hazaza

Mwene uyu mukobwa ahora yihatira gukora ibikorwa bibafitiye mwembi ejo hazaza akamaro. Niyo ntacyo murageraho, wumva mu nzozi ze harimo kuzabana na we ubuzima bwe bwose. Nubwo mutarabana ariko atangira kukugufata nk’umutware we.

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Ibyo umugeni yakorewe n’abo bakorana mu bukwe bwe byatumye yegura ku kazi

Ibitangaje kuri derby 5 zikomeye mu mupira w’amaguru