in

Ntibisanzwe: Umugabo wo mu Rwanda bamucukuriye imva bagiye gufata umurambo basanga ni muzima(inkuru irambuye)

Inkuru y’urupfu rw’umugabo witwa Gervais Byangabiza yatunguye abantu ubwo abo mu muryango we bakuye imva ,hanyuma bakagura isanduku ariko bajya kuzana umurambo kwa muganga bagasanga uyu mugabo ni mutaraga arimo kwinywera igikoma.

Ni umugabo utuye mu Murenge wa Mbazi mu karere ka Huye aho bivugwa ko kugirango abantu bavuge ko yitabye Imana byaje nyuma y’aho aterewe icyuma mu mutwe n’umukozi wo mu rugo mu cyumweru gishize akamukoretsa.

Uyu Gervais waje gukomereka cyane mu mutwe yahise ajyanwa ku kigo Nderabuzima cya Sovu aho yaje koherezwa ku bitaro bya Kabutare kuko yari yakomeretsse cyane.Nyuma ariko haje gukwira amakuru y’uko uyu mugabo yitabye Imana kuko ntawundi wari umurwaje, nibwo ubuyobozi bwasabye abo mu muryango we ko bagomba kwitegura igikorwa cyo kumushyingura.

Abo mu muryango we bacukuye imva, bagura isanduku yo kumushyinguramo.Bagiye gufata umurambo ku bitaro batunguwe no gusanga Uyu mugabo arimo kwinywera igikoma ndetse yatangiye gutora agatege,ndetse no kwa muganga baramusezerera.Kuri ubu uyu mugabo araho arimo koroherwa.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Sadio #Mane yavuze amagambo bagenzi be bamubwiye ubwo yahushaga penaliti, ayo bamubwiye ubwo yaragiye gutera penaliti ya nyuma nuwo yatuye igikombe cya #AFCON2021

Kure y’amaso si kure y’umutima: Umugabo wa Bijoux yamuzirikanye amwereka ko amufite ku mutima anamutura indirimbo