Ubuzima
Niwibonaho ibi bimenyetso uzamenye ko urwaye impyiko.

Bimwe mu bimenyetso by’indwara y’impyiko ni: kwihagarika inkari nkeya cyangwa ukazibura, kwihagarika amaraso, kubyimba umubiri wose, kugabanuka k’umuvuduko w’amaraso, kugabanuka kw’imyunyu ngugu mu maraso, kuribwa ahagana inyuma mu mugongo cyangwa mu maguru no kugira isesemi ishobora gutuma uruka.
Hari ibintu byinshi bitera impyiko ,bitatu byingenzi muribyo Topsante yarabiduhishuriye:
Topsante ivuga ko muri byo harimo ibishobora gutera indwara z’impyiko bitaziturutseho ubwazo, izifata umubiri nyuma zikazafata n’imyiko (pre-renal), ibituruka ku mpyiko ubwazo (renal) n’ibiza nyuma y’uko impyiko zifatwa (post-renal).
Ibishobora gutera indwara z’impyiko bitaziturutseho
Mu bintu bishobora gutera indwara z’impyiko ariko bidaturutse ku mpyiko ubwazo,harimo indwara zibasira umubiri zigatera kugabanuka kw’amaraso, nko kuruka cyane, kunanirwa k’umutima, gucibwamo (diarrhee) diyabete no gutakaza amaraso menshi nko mu bihe by’impanuka.
Uko kugabanuka kw’amaraso bituma ajya mu mpyiko agabanuka ntizibashe kuyungurura neza imyanda yo mu maraso hanyuma bikazitera uburwayi.
Ibituruka mu mpyiko ubwazo
Mu ndwara z’impyiko ziterwa na zo ubwazo, harimo indwara ya kanseri n’indwara ziterwa n’ubwirinzi bw’umubiri ubwawo (maladie auto-immune).
Umuntu ufite ubwo burwayi, umubiri we ukora abasirikare barwanya ibice by’umubiri noneho bigatera ibyo bice kwangirika cyangwa gukora nabi kandi mu bice by’umubiri impyiko na zo zirimo.
Ibibazo biza nyuma y’impyiko
Impyiko ubwazo iyo zirwaye akenshi inkari zidasohoka ngo zijye hanze, uko kugumamo bikaba bitera ubundi burwayi bwazo ndetse n’ubw’ bindi bice byo hanze yazo ariko bifatwa nk’inzira y’inkari.
Mu bishobora gutuma ibyo bice bidakora neza harimo kanseri zibasira uruhago rw’inkari, kanseri y’ubugabo (prostate), indwara nk’igituntu, rubagimpande, n’ubwandu butandukanye bushobora gufunga inzira y’inkari.
Niyo mpamvu dushishikariza abantu bose kwisuzumisha indwara z’impyiko cyane abafite uburwayi bwabakururira ibyago byo kurwara impyiko bwavuzwe hejuru.
-
Imyidagaduro10 hours ago
Abanyamakuru ba Radio/TV10 bakije umuriro kuri KNC nyuma yo gushinja umwe muri bo kutarongora kandi akuze.
-
Imyidagaduro17 hours ago
Dore umukobwa mwiza watwaye umutima w’umunyarwenya Arthur Nkusi (AMAFOTO)
-
Imyidagaduro15 hours ago
The Ben na Miss Pamella bashyize hanze itariki y’ubukwe bwabo.
-
Imyidagaduro23 hours ago
Umunyamakuru Tidjara, uherutse gusezera kuri RBA, yaturitse ararira mu kiganiro| umukobwa we yamutomagije karahava (VIDEO)
-
Imyidagaduro21 hours ago
Umunyamakuru wa RBA uherutse kwambikwa impeta yahishuye uburyo yarijijwe na fiancé we|Avuga no ku bukwe bwe (VIDEO)
-
imikino15 hours ago
Umukunzi wa Yannick, yashyize ahagaragara video bari gusomana amushimira ibyo yamukoreye
-
imikino7 hours ago
Amavubi yari yishyize mu mazi abira kubera umunyamakuru wa RBA
-
Imyidagaduro19 hours ago
Bwa mbere umunyarwenya Arthur Nkusi avuze ko afite umukunzi anavuga izina rye