in

Ndizeye Samuel ukiri mu gahinda ko gupfusha umugore we, yageneye ubutumwa abakunzi ba Rayon Sports

Myugariro wasoje amasezerano ye muri Rayon Sports, Ndizeye Samuel ukiri mu gahinda gakomeye ko gupfusha umugore we, Cishahayo Nadège ‘Nana’ akamusigira umwana muto, yegeneye ubutumwa abakunzi ba Rayon Sports.

Ndizeye Samuel waguzwe na Police Fc imukuye muri Murera, yashimiye cyane abafana ba Rayon Sports, avuga ko bamubaye hafi nk’umuryango we.

Yagize ati “Mfahe umwanya nshimira umuryango mugari wa Rayon Sports, by’umwihariko abafana. Mubyukuri mwambaye hafi munyereka urukundo imyaka 4 mwanyeretse ko munshyigikiye.”

Yasoje agira ati “Rero ndashaka kubasezera nubwo bitoroshye gusa mwarakoze Rayon Sports.”

 

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Hagaragaye amashusho y’abakobwa bari mu kirori bakora ibiteye isoni imyanya yabo y’ibanga bayishyize kukarubanda (Amashusho)

Umuyobozi w’ikipe ikomeye hano mu Rwanda yateguje abakinnyi ko udafite umwuka wo gutwara igikombe mu mutwe we asezera kuko ibintu bigiye gukomera