imikino
“Ndashaka guha isomo APR FC “- Rwigema Yves

Nyuma yo kwerekeza Rayon Sports avuye muri APR Fc, Rwigema Yves aratangaza ko yiteguye ko bari baramwibeshyeho batamuha umwanya wo gukina
Ubwo kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Rayon Sports yakoraga imyitozo ku kibuga cyo ku Mumena, umukinnyi Yves Rwigema uheruka kugurwa avuye muri APR Fc, ni umwe mu bakinnyi bayitabiriye ndetse anaganira n’itangazamakuru nyuma y’imyitozo.
Yatangaje ko ikipe agiyemo ari ikipe nziza, ndetse n’aho avuye hari heza ariko atari yishimye, akavuga ko yiteguye kwerekana itandukaniro mu kibuga, ku buryo azerekana ko bamwibeshyeho
Yagize ati “Nasanze ari ikipe nziza, hari umwuka mwiza, gusa aho navuye naho hari umwuka mwiza, yose ni amakipe meza, ibyatumye mva muri APR ni birebire sinabona uko mbisobanura gusa muri sinari nishimye, nashakaga kubona umwanya wo gukina n’ibindi byinshi”
“Niteguye gukina nkereka aho mvuye ko nari nshoboye, wenda ko banyibeshyeho, umutoza yaranyegereye ambwira ko bafite ikibazo ku mwanya wanjye ngomba gushyiramo ingufu nkabafasha, nta masezerano nari mfite kuko ntaho nasinye, abafana ba Rayon Sports nababwira ko mpari kandi niteguye kubashimisha” Yves Rwigema aganira n’itangazamakuru.
Usibye kandi Yves Rwigema wavuye muri APR Fc, kugeza ubu iyi kipe iracyategereje Rwatubyaye Abdul nawe basinyishije avuye muri APR Fc, n’ubwo Ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko kugeza ubu nta makuru ye bufite.
Ni gutya imyitozo ya Rayon Sports yari imeze….






Source :KT
Comments
0 comments
-
urukundo18 hours ago
Umusore yaryamye mu muhanda hagati abantu benshi barahurura maze ahita atungura umukunzi we amwambika impeta(AMAFOTO)
-
Ubuzima19 hours ago
Dore uko bigenda ku mubiri wawe iyo unyoye amazi mu gitondo ukibyuka .
-
Mu Rwanda11 hours ago
Umunyamakuru ukomeye mu Rwanda yatewe n’abajura baramukomeretsa
-
Hanze7 hours ago
Umusore mukuru arashakisha akana k’agakobwa batahanye ubukwe bambariye abageni cyera|abantu byabatunguye
-
Ikoranabuhanga11 hours ago
Abakoresha WhatsApp kababayeho nimutitonda!
-
inyigisho17 hours ago
Amwe mu makosa akomeye abakobwa b’ingarugu bakunze gukora akaba yabaviramo kugumirwa barebye nabi.
-
Mu Rwanda6 hours ago
Biratangaje:amaze imyaka 20 yose angana gutya||ntiwamenya ko ari umukobwa kubera uburyo akinamo umupira.
-
Mu Rwanda7 hours ago
Agahinda n’urwibutso Samantha afitiye umwana we uherutse kwitaba Imana