in

Munyakazi Sadate yasabye Abafana ba Rayon Sports gushyira hamwe nyuma yo gutsindwa na APR FC

Munyakazi Sadate wahoze ayobora Rayon Sports yahumurije abakunzi b’iyi kipe nyuma yo gutsindwa na APR FC ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro, abibutsa ko ari bwo Gikundiro ibakeneye kurusha ikindi gihe.

Abinyujije ku rubuga rwa X, yagize ati: “Umugoroba w’ejo wabaye mubi kuri twese, ndabizi neza intsinzwi irababaza kandi igatera ibibazo, ariko ndagira ngo mbabwire ko ubu aribwo GIKUNDIRO idushaka kandi idukeneye kurusha ibindi bihe byose.”

Yasabye abafana gushyira ku ruhande ibibatanya, bagashyigikira ubuyobozi n’abakinnyi. Ati: “Rayon Sports ni njyewe, ni wowe, ni twese.”

Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere muri Shampiyona irusha APR FC inota 1, ikaba isigaje imikino 5, irimo uwo izakiramo Rutsiro FC ku wa Kane.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

APR FC ikurugutuye Rayon sports Ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro.

Air Tanzania yashyizeho ingamba zikomeye nyuma y’uburiganya bw’amatike bwasize abacuruzi 32 i Guangzhou

  • https://stream.zeno.fm/h8a8g1chaxhvv
  • YEGOB RADIO
  • YEGOB RADIO