in

Muhanga:umukecuru yitabye Imana ari mu misa asenga.

Mu karere ka Muhanga ho mu murenge wa kibangu muri paruwasi gaturika ya Kibangu umukecuru yitabye Imana ubwo yari yaje mu missa yo ku cyumweru ubwo yarimo asenga.

Ni igitambo cy’ukarisitiya (Missa) cyabaga kuri iki cyumweru aho uyu mukecuru yapfuye missa irimbanije barimo basenga nkuko uwatanze amakuru yabivuze.

Yagize ati “Ni umukecuru witwa Emeliyana, akaba yaraturutse ahitwa muri Rusuri agace gahana imbibi na Kibangu, amakuru numvise avuga ko yari asanzwe arwaye umutima n’umuvuduko w’amaraso, abenshi rero bari guhuriza ku kuba izo ndwara arizo zatumye yitura hasi agahita ashiramo umwuka.”

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Sobanukirwa: Ibyo kurya byiza ku mikorere y’impyiko

Breaking: Kapiteni wa Arsenal haribyo atangaje nyuma yo gutsindwa na Manchestser United.