in

Minisiteri ya Siporo yagize icyo itangaza ku bijyanye no guhindura izina ry’ikipe y’igihugu rikava ku ‘Amavubi’ ikitwa ‘Intare’

Nyuma yuko bamwe mu bakunzi ba ruhago batanze icyifuzo cyo guhindura izina ry’ikipe y’igihugu rikava ku ‘Amavubi’, Minisiteri ya Siporo yatangaje ko kugeza ubu nta gahunda ihari yo guhindura izina ry’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, ngo ikitwa ’Intare’.

Ikipe y’Igihugu kwitwa ‘Amavubi’ hari abakunzi ba ruhago mu Rwanda byateje impaka aho bamwe bakunze kuvuga ko ritajyanye n’igihe, bituma batangira gusaba ko hatekerezwa ku rindi zina, bamwe bavuga ko ’Intare’ ryaba ari izina rikwiriye.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Zephanie Niyonkuru, mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yatangaje ko kugera ubu nta gahunda bafite yo guhindura izina ry’Amavubi ahubwo byaba byiza na yo agize ubukana.

Izina ry’Amavubi ryahawe Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru mu 1974 aho ryatoranyijwe kubera ko ivubi ari agasimba kagenda kakadwinga, kagaruka kakadwinga.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umutoza Julien Mette uherutse gutandukana na Rayon Sports, yasobanuye inkomoko y’ibibazo biri muri iyi kipe ashinja abayobozi bayo kuba nyirabayazana

Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho, ntabwo kikibereye mu Rwanda