in

Menya ubusobanuro butandukanye bw’imirongo yo mu kiganza cyawe nicyo bisobanuye ku hazaza .

Buri muntu wese ku isi ufite ikiganza, hari imirongo irimo kandi buriya buri murongo wose ufite icyo usobanuye gitandukanye n’undi ku buryo usanga hari n’ibisobanura ahazaza hawe.

Imirongo igiye icikaguritse: hari ubwo abantu bamwe baba bafite imirongo mu kiganza, uva ku ruhande  rumwe wagera hagati mu iganza ugacikamo kabiri, hagahita hashamikiraho undi murongo gusa bidafatanye ahubwo bibusanyeho gato.

Ku bantu bafite buno bwoko bw’imirongo mu kiganza, usanga buvugako mu kazi ukora ka buri munsi, utazakarambamo cyane, ahubwo ugenda uhindura uva hamwe ujya ahandi, cyangwa se ibintu urimo ukaba utazabirambamo, kuko ubusanzwe gucimbuka k’umurongo bivuga kurogowa n’ikintu.

Iyo imirongo ishushanyije igakora icumu: ibi bivugako uzagira ubuzima bugenda neza, ndetse nta kintu kizakwitambika mu nzira mu gihe ufite icyo ushaka kugeraho, ndetse bigaragazako uzaba umukire.

Mpande eshatu: nimba ufite imirongo ikoze kino kimenyetso, umenyeko ufite amahirwe menshi yo kuzahirwa mu buzima, mu bintu byinshi uzagerageza gukora.

Imirongo itagaragara neza: iyo ufite buno bwoko bw’imirongo, umenyeko ufite amahirwe make ugereranyije n’abandi, ndetse uko kuba itagaragara neza bituma ubuzima bwawe ububamo usa nkaho utabuzi neza.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Inzobe ya Rufonsina wo mu Umuturanyi ikomeje kuvugisha benshi (ifoto)

“Afite amaguru atatu” Ifoto ya Rutambi igaragaza ubugabo bwe ikomeje kuvugisha abatari bake