Ubuzima
Menya impamvu avoka udakwiye kuyibura ku ifunguro ryawe rya buri munsi.

Avoka (avocado) burya ni ikiribwa cy’ingenzi cyane mu buzima nk’uko inzobere mu bijyanye n’imirire zibyemeza, n’ubwo hari abajya bacyibuza ku bw’ubusirimu no kwibwira ko kuzirya byabatera umubyibuho.
Nyamara ariko siko biri, kuko izi ni impamvu z’ibanze eshanu zituma avoka ikwiye kuribwa hirengagijwe ibyo bayisebya byose:
1. Avoka yifitemo vitamine nyinshi zigera kuri 20, hamwe n’icyitwa carotenoid lutein gisangwa mu biribwa nka karoti, imboga, n’imbuto zindi zitandukanye. Ibyo bikaba bifasha mu bijyanye no kurinda indwara z’ubuhumyi.
2. Avoka kandi uwayifunguye ntasonzagurika cyangwa ngo yumve abuze imbaraga mu mubiri; ku muntu udafite ibifungurwa byinshi, kwifashisha avoka ni ingenzi cyane nka hano mu Rwanda zikibasha kuboneka henshi ku giciro kigereranije, kuko igogorwa (digestion) rikorwa gahoro gahoro kandi neza kubera icyitwa Oleic acid yifitemo.
3. Avoka ishobora gufasha kurinda umwana ukiri mu nda iyo nyina agiye ayifata ku buryo buboneye mu gihe atwite. Ku babyeyi baba bavuka mu miryango ikunda kugira indwara zikomoka ku kugira ibiro byinshi, kunywa itabi, gufata ibyo kurya birimo avoka ni ingenzi kuko avoka yigiramo vitamine yitwa folate ifasha mu kurinda umwana kuvukana inenge.
4. Avoka ishobora kugabanya bifatika amavuta mabi yitwa cholesterol atera kwirundanya kw’ibinure mu mitsi no ku mutima, bimwe mu bintu by’ibanze bishobora gutera indwara y’umutima.
5. Avoka kandi uretse gufasha mu kurinda indwara n’izindi nyungu zitandukanye, iri no mu biribwa bigira uburyohe bunogera benshi iyo iherekeje amafunguro mu buryo butandukanye ishobora gutegurwamo, cyangwa ikarishwa umugati.
Gusa avoka si byiza kuyigaburira abana bari munsi y’imyaka umunani kuko umubiri wabo ntabwo uba uragira ubushobozi bwo kugogora amavuta karemano aba muri yo.
Abandi batagubwa neza no gufungura ikiribwa cya avoka ni abantu bafite uburwayi bw’inyama y’umwijima kuko umwijima ariwo ufasha cyane mu igogorwa ry’ibinyamavuta; iyo urwaye si byiza na gato gufungura avoka kuko biwunaniza cyane.
-
inyigisho10 hours ago
Bimwe mu bintu bibi umukunzi wawe ashobora kugukorera ukababara cyane kurusha kumufata aguca inyuma.
-
Imyidagaduro11 hours ago
Ndimbati bamuguyeho atetse igikoma kubera gahunda ya Guma mu Rugo |Asekeje abantu imbavu zirashya(VIDEO)
-
Imyidagaduro12 hours ago
Miss Vanessa ati « nakorewe mu ijuru nteranyirizwa muri Afurika »
-
Imyidagaduro14 hours ago
Yolo The Queen yagiriye inama abasore bakururwa n’imiterere y’abakobwa ku mbuga nkoranyambaga
-
Imyidagaduro12 hours ago
Kechapu wo muri Bamenya yerekanye imodoka ihenze asigaye agendamo|Yavuze icyo akundira ShaddyBoo |yakebuye ba SlayQueen (VIDEO)
-
Imyidagaduro7 hours ago
Miss Jordan Mushambokazi mu munyenga w’urukundo n’umusore bitegura kurushinga
-
Hanze13 hours ago
Zari Hassan yacyuriye Tanasha Donna ko inzara ariyo yamukuye iwe ikamujyana kwa Diamond Platnumz
-
imikino9 hours ago
Abakinnyi 11 b’Amavubi bashobora kubanza mu kibuga ku mukino w’uyu munsi bamaze gushyirwa ahagaragara