in

Mbere y’uko yirira indege ijya muri Amerika, Bruce Melodie yavuze ku byo gukoresha amarozi kugira ngo abantu bamukunde bidasanzwe

Bruce Melodie yavuze ku byo gukoresha amarozi kugira ngo abantu bamukunde bidasanzwe.

Umuhanzi Bruce Melodie yahakanye amakuru avuga ko akoresha amarozi kugira ngo abantu bamukunde, avuga ko bidashoboka ko waroga umutima w’umuntu kugukunda urukundo atagufitiye.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 25 Ugushyingo, mu kiganiro n’itangazamakuru mbere yo kwerejeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bitaramo.

Ni ibitaramo Bruce Melodie azahuriramo n’anaganzi batandukanye bakomeye ku isi barimo barimo Shaggy, Nick Minaj, Usher, n’abandi.

Ubwo yari mu kiganiro umunyamakuru yamubajije ku mucecuru wo muri Tanzania, bivugwa ko yamuhaye uburozi kugirango akundwe anatumirwe mu bitaramo bikomeye, cyane ko ibitaramo byose bikomeye bibera mu Rwanda atumirwamo, avuga ko bidashoboka ko waroga umuntu kugukunda.

Yagize ati “Oya! ntabwo nigeze nkoresha uburozi kandi ntekereza ko utaroga umuntu ngo agukunde, umutima uva kure mwana […], ntago waroga umutima w’umuntu ngo uzemo urukundo atagufitiye, nizera ko nyuma y’ibyo byose hazamo gukora no kuvunika n’ Imana ikaduha umugisha n’amasengesho byose.”

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Aliah Cool wo muri Kigali Boss Babies uri muri Nigeria, agiye kongera kujya imbere y’abantu avuga icyongereza none amasomo ayamereye nabi

Buri minota 2 hajyagamo igitego: Ikipe ya YOUVIA WFC yanyagiye Kaminuza y’u Rwanda ibitego 46, rutahizamu wabo atsinda 13 wenyine