in

Marina yasobanuye impamvu yasibishije indirimbo ‘Urwagahararo’ bari bakoranye bombi yatangiye gukundwa

Muri muzika nyarwanda, abahanzi bagirana umubano ukomeye ari nako bakorana mu ndirimbo, ariko rimwe na rimwe hagira abagirana ibibazo bikomeye bigatuma ubushuti buhagarara.

Ibyabaye hagati ya Yampano na Marina byatunguranye cyane kuko aba bombi bari mu byamamare byari bifitanye umubano wari washibutse ku ndirimbo yabo.

Amakuru yatangiye gucicikana avuga ko bashwanye, ariko impamvu nyayo ntiyahise imenyekana. Bamwe bakekaga ko ari ikibazo cy’amasezerano y’ubufatanye mu muziki.

Ibi byakurikiwe n’isibwa ry’indirimbo ‘Urwagahararo’ bari bakoranye bombi. Ni nyuma y’uko Marina atishimiye uburyo Yampano yasohoye iyi ndirimbo mu buryo bwa ‘Audio’.

Yampano aherutse gutangaza, ko icyo yifuzaga ari ugukorana indirimbo na Marina kandi yabigezeho ‘n’ubwo yaje gusibwa nyuma’.

Hari amajwi yasohotse, aho Yampano yumvikana yinginga Marina ngo bakoranye indirimbo, kandi uyu mukobwa amuha rugari akemera ko bakorana.

Marina asobanura ko yafashe icyemezo cyo gusiba iyi ndirimbo ku mbuga zose, kubera ko atubahirije amasezerano bari bagiranye, y’uko iyi ndirimbo izajya hanze mu buryo bw’amashusho muri Gicurasi uyu mwaka. 

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umugore yamutwaye byose amusiga mu bukene bukabije

Vestine wo mu itsinda Vestine & Dorcas yongeye kuvugisha benshi kubera imisatsi yasutse