in

Manishimwe Djabel wirukanwe akerekana ko ntacyo bimubwiye yamaze kurangizanya n’ikipe yagize umugore APR FC 

Rutahizamu w’ikipe ya APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Manishimwe Djabel ntabwo ababajwe n’ibikomeje kuvugwa ko yamaze gusezererwa muri Gitinyiro kuko yamaze kumvikana n’ikipe n’ubundi ikomeye hano mu Rwanda ndetse imaze iminsi itsinda APR FC.

Manishimwe Djabel wari usanzwe ari Kapiteni w’ikipe ya APR FC ari mu bakinnyi bivugwa ko bashimiwe n’iyi kipe, gusa YEGOB twamenye ko uyu rutahizamu yamaze kumvikana na AS Kigali kandi hashize imyaka itari micye ishobora cyane APR FC bivuze ko agiye kongeramo akabaraga noneho bakajya bayitsinda mu buryo bworoshye.

Ntabwo Manishimwe Djabel ari we ugiye kwerekeza muri AS Kigali gusa, biranavugwa ko umutoza Haringingo Francis watozaga Rayon Sports agiye kwerekeza muri iyi kipe ndetse nabo bakoraga bose barimo umutoza wungirije ndetse n’umutoza w’abazamu.

Manishimwe Djabel siwe gusa urimo kuvugwa washimiwe na APR FC, harimo na Mugunga Yves, Ishimwe Anicet, Ishimwe Fiston, Rwabuhihi Aime Plaside, Nzotanga, Uwiduhaye, Itangishaka Blaize, Nkundimana Fabio, Keddy, Ir’Ishad ndetse na Mugisha Bonheur

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Gira umutima utabara ejo yaba ari wowe! Tugirimana Jean Damascène ufite ubumuga bw’ingingo arasaba ubufasha bwo kubona ibihumbi 200 ahindure ubuzima bubi arimo

“Urukozasoni” Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’Abagore ya Suède bategetswe kwereka abaganga imyanya yabo y’ibanga