Ikipe ya Liverpool irateganya kugura rutahizamu w’Ubufaransa Bradley Barcola ukinira Paris Saint-Germain, nubwo iherutse gusinyisha umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Budage, Florian Wirtz, ukinira Bayer Leverkusen.
Mu gihe Liverpool yihugiraho, amakipe ya Aston Villa, Newcastle na Tottenham arakurikirana amakuru ya Jadon Sancho w’imyaka 25, nyuma yo kuva muri Chelsea aho yari yaragiye ku nguzanyo, asubira muri Manchester United.
Jack Grealish na we ari mu bashobora guhindura ikipe, aho Everton na Newcastle bazwi nk’amakipe ari imbere mu rugamba rwo kumwegukana baturutse muri Manchester City. Ibi byose biraba mu gihe Bayer Leverkusen nayo iri kwitegura gusaba Liverpool umukinnyi w’inyuma Jarell Quansah w’imyaka 22.
Mu bindi, Darwin Nunez ashobora kuva muri Liverpool, aho ikipe ya Al-Hilal yo muri Arabia Saudite yamaze kumwegera, ariko bivugwa ko we ashaka kuguma i Burayi, by’umwihariko muri Espagne cyangwa mu Butaliyani.
Ku rundi ruhande, Athletic Bilbao irashaka kongerera amasezerano Nico Williams kugira ngo imurinde ibihe by’igeragezwa bya Bayern Munich, Arsenal na Chelsea. Icyakora, hari amakuru ko yamaze gutangira ibiganiro n’abayobozi ba Bayern.