in

Lionel Messi yongeye guhumurirwa n’ubutaka yakoreyeho amateka ubwo yasubiraga muri Qatar

Lionel Messi uheruka gukorera amateka mu gihugu cya Qatar tariki 18 z’ukwezi kwa 12 mu mwaka ushize nibwo ikipe y’igihugu ya Argentine na Lionel Messi bakoraga amateka batwara igikombe cy’isi cya 3, bagitwariye kuri Lusail Stadium batsinda u Bufaransa kuri penariti.

Uramutse ubaze umunsi ku munsi ukwezi kuzuye uyu munsi ku munsi w’ejo hashije mu gitondo cyo ku wa Gatatu nibwo ikipe ikina muri shampiyona y’u Bufaransa ya Paris Saint-Germain na Lionel Messi bageraga muri Qatar. Kapiteni wa Argentine, Lionel Messi yageze ku butaka bwa Qatar nk’umwami, nyuma yo gukorerayo amateka.

Ikipe ya Paris Saint-Germain iramara amasaha make i Doha, aho igiye gukorera imyitozo kuri Khalifa International Stadium. Usibye gukorerayo imyitozo kandi Paris Saint-Germain yagiye mu bikorwa byo kwamamazanya na Qatar Airways, ndetse n’ubukerarugendo bwo muri Qatar muri rusange.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Bwaba ari ubwoba Rayon Sports yagize bwatumye yandikira FERWAFA byihutirwa

Erik Ten Hag yahumurije abafana ba Manchester United badutswemo n’icyorezo