in

#Kwibuka29: Jimmy Gatete yatanze ubutumwa bw’ihumure

Jimmy Gatete wabaye Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu Amavubi , yatanze ubutumwa bw’ihumure muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

U Rwanda ndetse n’Isi muri rusange kuva ku munsi wejo kuwa Gatanu tariki 07 Mata, batangiye iminsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Abantu batandukanye bagiye bagenera ubutumwa bw’ihumure ndetse n’isanamitima.

Aho niho Jimmy Gatete wabaye rutahizamu w ‘ikipe y’Igihugu yasabye abanyarwanda n’isi muri rusange guharanira amahoro,abantu bakareka kwibanda ku bibatandukanya.


Mu butumwa yatanze abinyijuje ku mbuga nkoranyambaga ze yagize ati” Imyaka 29 irashize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye,reka twibuke ubuzima bwabuze kandi duharanire Isi y’amahoro.Reka twubake umuryango aho buri wese ashobora kubana n’abandi mu mahoro tutitaye kubyo batandukaniyeho.Ntituzigere na rimwe twibagirwa Jenoside yakorewe Abatutsi, Kwibuka29.”

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umukinnyi w’ikipe ya Rayon Sports yagiriye inama abasiporotifu bose muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Umuhanzi Danny Vumbi yacyebuye abanyarwanda badaha agaciro amateka y’igihugu cyababyaye