in

Kubyiyumvisha biragoye: Dore uko Umuhanzikazi Beyoncé yateye izamuka ry’ibiciro ku isoko

Kubyiyumvisha biragoye: Dore uko Umuhanzikazi Beyoncé yateye izamuka ry’ibiciro ku isoko

Umuhanzikazi Beyoncé uri kuzengutuka isi mu bitaramo bye yateje izamuka ry’ibiciro muri Sweden kubera abantu benshi bari bavuye imihanda yose baje kureba uyu muhanzikazi.

Intangiriro z’ibitaramo bye muri Sweden mu kwezi gushize yateye kwiyongera kw’abakenera amafunguro n’amacumbi byo muri hoteli na za restaurant kwagaragaye mu ibarurishamibare ry’ubukungu bw’iki gihugu.

Sweden yatangaje ko yagize izamuka ry’ibiciro rya 9.7% rirenze iryari ryitezwe muri Gicurasi (5), Izamuka ry’ibiciro muri za hoteli na restaurants niryo ryateye uko gutungurana.

Michael Grahn, inzobere mu bukungu muri Banki ya Danske, avuga ko abona Beyoncé ariwe watumye haba uku kuzamuka.

Yongeraho kandi ko Beyoncé ari we ushobora kuba warateye kuzamuka gukomeye mu biciro by’ibicuruzwa mu bicuruzwa bindi bijyanye n’umuco n’imyidagaduro.

Mu butumwa Michael yandikiye BBC dukesha iyi nkuru yagize ati: “Simushinja [icyaha] Beyoncé izamuka ry’ibiciro rikomeye, ariko kwiyongera kw’isoko ry’abashakaga kuza kureba ibitaramo bye muri Sweden bisa n’aho byongereyeho kuri ibyo”.

Nta gushidikanya ko ibitaramo bya mbere mu myaka irindwi by’uyu muhanzi ari wenyine mu bihugu bitandukanye bifite ikintu kinini bivuze ku bukungu.

Nibura ikigereranyo kimwe kivuga ko ibi bitaramo bizaba byaragejeje ku miliyari 2£ muri rusange igihe bizaba birangiye muri Nzeri(9).

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Leandre Willy Essomba Onana yatewe utwatsi na SIMBA SC bihereza amahirwe ikipe ya Rayon Sports yo kumugumana

Abo mu muryango we amarira n’agahinda ni byose:Uko byagenze kugira ngo Umusifuzi akubitwe n’inkuba ari mu kibuga rwa gati agahita yuma