in

Kirehe: Umusore wari warariye ideni ry’undi musore, yasanzwe mu rwuri yatemaguwe

Kirehe: Umusore wari warariye ideni ry’undi musore, yasanzwe mu rwuri yatemaguwe.

Ibi byamenyekanye kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Nyakanga 2023 mu Mudugudu wa Gisenyi mu Kagari ka Bwiyorere mu Murenge wa Mpanga.

Amakuru avuga ko uyu musore hari umuntu yari abereyemo ibihumbi 70 Frw mu minsi ishize ngo yamwishyuyeho ibihumbi 50 Frw amusigaramo ibihumbi 20 Frw. Mbere yuko yicwa ngo yari yabanje kugirana amakimbirane n’uwo muntu ariko baza kwiyunga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mpanga, Iyamuremye Antoine, yatangaje ko koko umurambo w’uyu muturage wasanzwe mu rwuri aho wabonywe n’abaturage bari bagiye guhinga.

Ati “Nibyo koko umurambo w’uwo muturage wabonywe mu rwuri, abaturage bari bagiye guhinga nibo bawubonye basanze watemaguwe ahantu hose, harakekwa abantu babiri aho umwe muri bo yari amufitiye amafaranga ibihumbi 20 Frw, umwe rero yahise afatwa aho twanasanze ku myenda yari yambaye twanasanzeho amaraso, undi we aracyashakishwa.”

Kuri ubu umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu Bitaro bya Kirehe gukorerwa isuzuma mu gihe uwatawe muri yombi afungiye kuri sitasiyo ya Kirehe.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

‘Yabonye atari we uzahora agaramye mu kirambi wenyine yishumbusha mutembanshyunshyu’ Kumenyabose mu ikipe ya APR FC yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we wamuhase urukundo ruzira uburyarya (AMAFOTO)

“Nateye imbere pe!” Umunyamakuru wa RBA yivuze imyato nyuma y’uko umukobwa we w’imfura yasoje amashuri y’incuke bakamwambika imyambaro se yambaye bwa mbere asoje kaminuza (AMAFOTO)