in

Kigali umugabo yarumye umunwa w’umugore arawumira

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 50 y’amavuko yari mu nzira ataha, ubwo yari ageze aho bacururiza ibiraha yahuye n’undi mugabo uri kumwe n’umugore we, uwo mugore abwira umugabo we bwiite ngo abimugurire umugabo amubwira ko nta mafaranga afite.

Ibi byabereye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kinyinya mu kagali ka Gacuriro mu mudugudu w’Urugarama, aho wa mugabo wari usohokanye n’uwo mugore yatangiye gutuka uwo mugabo, amubwira ko nta mugabo umurimo, umuntu unanirwa no kugurira umugore we ibiraha.

Nibwo intonganya zatangiye bagiye kurwana umugore w’uwo mugabo aritambika agira ngo batarwana.

Wa mugabo bahuye yahise amusingira amuruma umunwa wo hejuru arawuca, abaturage bahageze bose bemeza ko basanze uwo mugore avirirana bamujyana kwa muganga bashaka igice cy’uwo munwa barakibura bakeka ko yakimize.

Gusa uwo mugabo wamurumye bamushyikiriza inzego zishinzwe umutekano.

 

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

“Aha hantu tugiye kuhituma”: Rocky Kimomo na bagenzi be bagaragaye bizihiwe cyane bagiye guta umwanda uzwi nk’amazira ntoki aho bari bari -AMASHUSHO

Mupenzi Eto na bagenzi be bararengana? Mvukiyehe Juvenal arashinjwa na General kuroga abakinnyi be bakaza kubishyura ku bakozi batatu ba APR FC bari mu gihome