in

Kabaye: abari abasirikarekazi bakomeye bashotse uburaya

Abari abasirikarekazi bakomeye mu gihugu cy’Ubwongereza bahisemo kuyoboka inzira y’uburaya bitewe n’ubukene bubugarije.

Ikinyamakuru The Mirror cyatangaje ko uretse abashotse inzira y’uburaya, hari n’abandi basigaye bagurisha amafoto y’ubwambure bwabo kuri internet ngo barebe ko baramuka kabiri.

Umugore umwe w’imyaka 25 ufite abana babiri, yavuze ko yinjiye mu buraya agamije gufasha umugabo we kubona ibyabatunga nkuko babyifuza, kuko umushahara w’umuntu umwe utari ugihagije.

Uyu mugore yahoze akora mu iduka ricuruza ikawa ariko yaje kubura akazi, ubuzima iwe mu rugo buba bubi cyane.

Yagize ati “Umugabo wanjye ahembwa amapawundi 2800 (asaga miliyoni 2.8 Frw) ariko kubera uburyo ubuzima bukomeje guhenda, byageze aho bitubana bibi. Twari tubayeho mu bukene bukabije.”

Ubusanzwe uushahara ku basirikare bato mu Bwongereza uri hagati y’amapawundi ibihumbi 21 n’ibihumbi 37 ku mwaka.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Dore inshamake y’igitaramo cya the ben wowe utabashije kugera aho byabereye

Mu makanzu y’abageni ababyinnyi ba Chris Eazy bahatwitse(Video)