in

Itariki yafungiweho ni nayo yafunguriweho! Nyuma y’imyaka 2 Titi Brown wari ufungiwe i Magererage bikaza kurangira abaye umwere, yatangaje ko byamugizeho ingaruka none yagize icyo asaba abamuhora hafi

Itariki umubyinnyi Titi Brown yafungiweho ni nayo yafunguriweho, bivuze ko haciyeho imyaka ibiri afungiwe i Magererage akurikwiranweho gusambanya umwana utaruzuza imyaka y’ubukure nyuma biza kurangira agizwe umwere.

Titi brown akimara gusoka muri gereza, yasabye ko abamuri hafi bamuganiriza bakamwereka urukundo, kuko muri we afitemo  ihungabana.

Yashimiye umwavoka we cyane ko yemeye kumuburanira nta mafranga ahagije Titi Brown afite, ariko agira ikizere ko azatsinda urubanza akajya hanze agakorera amafaranga akamwishyura.

Titi Brown kandi yashimiye ubutabera bw’u Rwanda buca imanza zitabera, ashimira itangazamakuru muri rusange ndetse n’abantu bose bamufashije mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Ubwo bamubazaga niba azakomeza kubyina, yavuze ko ahubwo aribwo agiye gutangira. Yavuze ko icyo asaba ari ubufasha yo kubaka umusingi ‘foundation’ ibindi akazabyikorera.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Abyungukiyemo: Ruvuyanga agiye gukundana na Miss Mutesi Jolly

Umuhungu wa Diamond Platnumz yabyaranye na Tanasha Dona Naseeb Junior yagiye ku ishuri rimwe n’iryo bakuru be bigaho [videwo]