in

Inyama n’ubugari byongoje Umusaza w’imyaka 59, ajya gutera akabariro n’inkumi yabimenyereye maze ayigwa mu maguru

Polisi muri Kitengela muri Kenya iri gukora iperereza ku rupfu rw’umusaza w’imyaka 59 wapfuye asambana n’umukunzi we ufite imyaka 23.

Polisi ivuga ko nyakwigendera yapfuye ku wa gatatu ubwo bari mu nzu yakodesherezaga umukunzi we ku cyerecyezo cy’umuhanda wa Balozi muri Nairobi.

Raporo yatanzwe na polisi ya Kitengela ivuga ko nyakwigendera yari amaze igihe ari mu rukundo n’uwo mukobwa dore ko bari bamaranye imyaka itatu.Amakuru avuga ko ubwo bari bamaze gutera akabariro inshuro imwe hanyuma umukobwa yahise ajya gutegura amafunguro ya saa sita (ubugali n’inyama).

Bamaze kurya, ngo uwo musaza yasabye ko bakomeza kwiruhukira hanyuma ahagana mu ma saa 16h 00 mu gihe barimo batera akabariro nibwo yataye ubwenge umukobwa ahita amushyira iruhande rwe ngo abone akuka.

uyu mukobwa yahise yitabaza inshuti ya nyakwigendera kugira ngo imufashe kumujyana mu bitaro.Bamujyanye mu bitaro bya Pona ariko ngo ku bw’amahirwe macye yapfuye akihagera.

Polisi ishinzwe umutekano (OCS) Kitengela, harimo n’ubuyobozi bushinzwe iperereza ku byaha (DCI) nyuma bahise bihutira kujya aho iyo sanganya yabereye hanyuma uwo mukunzi wa nyakwigendera ahita atabwa muri yombi kugira ngo hakomeze iperereza.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Ubuse umwana w’imyaka 12 atera inda! Umwarimukazi uherutse gufungwa kubera gufata kungufu umwana w’imyaka 12 yatangaje ko atwite inda nkuru

Abaturarwanda bose basabwe kwitegura! Uko iteganyagihe ryo mu Rwanda riraba rimeze kuri uyu Gatanu tariki ya 20 Ukwakira 2023 hagati ya saa 06:00 na saa 12:00