in

Inkuru nziza ku bakunzi ba Patient Bizimana n’abanya-Rwanda muri rusange

Umuryango mugari w’umuramyi Patient Bizimana uri mu byishimo bidashira nyuma kwibaruka umwana wabo w’umuhungu.

Patient Bizimana abinyujije kuri Instagram yanditse  ashimana Imana ko yaguye umuryango we ikamuha umwana w’umuhungu.

Ati “Uwiteka yadukoreye Ibikomeye natwe turishimye. Umuryango wanjye na Gentille turashima Imana cyane ku bw’umwana w’umuhungu iduhaye kandi ikaba itugiriye ubuntu bwo kuba mu muryango mugari w’ababyeyi…Ihabwe Icyubahiro.”

Uyu mwana yavukiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aho umugore wa Patient Bizimana atuye. Ndetse aba bombi baherutse guhurira i Burayi ari naho bafatiye amafato yo kwitegura kwakira uyu mwana bizwi nka Baby shower.

Patient Bizimana na Gentille Karamira bakoze ubukwe tariki 19 Ukuboza 2021.

Written by Geovanis

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250 781 375 290

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Abakinnyi n’abatoza bakubiswe kugeza ubu bari hagati y’urupfu n’ubuzima bahowe impamvu mu Rwanda tutitaho

Manchester United yanditse amateka mashya ibifashijwemo na Cristiano Ronaldo