in

Inkuba yakubise abanyeshuri 9 bari gukina umupira batatu bahita bapfa 

Inkuba yakubise abanyeshuri 9 bari gukina umupira batatu bahita bapfa

Abanyeshuri batatu b’abahungu bigaga mu ishuri ryisumbuye rya Tansi international college  muri Okpuno, mu karere ka Awka  mu ntara ya Anambra, mu gihugu cya Nigeria, bakubiswe n’inkuba bahita bahasiga ubuzima.

Aba banyeshuri bari 9 bari mu myitozo aho bari bari kwitegura irushanwa ry’umupira w’amaguru.

Uwabonye impanuka iba yagize ati ” Mu masaha y’umugoroba umwarimu yajyanye abanyeshuri mu myitozo, ubwo imvura yakubaga igiye kugwa umwarimu yasoje imyitozo, gusa abanyeshuri 9 bagumye mu kibuga bari gukina, hari hari imirabyo myinshi n’inkuba ndetse n’imvura itari nyinshi ariko yuzuyemo imiyaga myinshi. twagiye kubona tubona imirabyo irakubise ari myinsi abanyeshuri bose basakuriza rimwe, twese twahise twiruka tujya kurema icyo babaye na mwarimu aza yiruka, tugezeyo twasanze ari inkuba ibakubise.”

Umwarimu akimara kubona ko ari inkuba ibakubise yahise atabaza babajyana mu bitaro by’ishuri, bahise bahamagara ku bitaro bikuru bya Awka baza kubajyana mu ivuriro rikuru.

Batatu muri abo bana bahise bahasiga ubuzima naho abandi batandatu bo bararokoka.

Ibi byabaye mu masaha y’umugoroba kuwa gatandandu tariki ya 4 Ugushyingo 2023.

Written by Uwihirwe

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.:+250725077325

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

I Kigali kugenda byabaye uburyohe! Mu mujyi wa Kigali hadutse imodoka nshya zikoresha amashanyarazi zizajya zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange aho baba bagiye hose

Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 wari umukozi wo mu rugo, arembeye mu Bitaro bya Masaka nyuma yuko atwitswe na Nyirabuja we akoresheje amazi yatuye