in

Imwe mu makipe ayoboye muri shampiyona uyu mwaka yamaganiye kure ibyo gukina ku itara

Amakipe menshi akunze gukunda gukina ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, Ariko Ikipe ya AS Kigali yanze ko umukino wayo wakinwa saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 2 ugushyingo 2022, harakinwa igice cya mbere cy’ibirarane byatewe n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 ndetse n’ikipe ya AS Kigali yari iri mu mikino ny’Afurika.

Iyi kipe ya AS Kigali umukino yari bukine na Musanze FC, Amakuru YEGOB ifite kandi yizewe ni uko iyi kipe yanze gukina ku isaha ya saa kumi n’ebyiri ahubwo ko umukino wayo ugomba gukinwa saa cyenda z’amanwa.

Ntabwo AS Kigali irasubizwa gusa mu busabe bwayo yavuze ko ishaka gufasha Musanze FC kugirango umukino itangire kare ndetse ko nta bafana ifite itapfa kwishora ku kintu cyo kugura Mazutu yifashishwa mu mashini yatsa amatara.

Ntabwo AS Kigali ariyo izakina iki kirarane gusa ahubwo hari na Rutsiro FC izahura na Gorilla FC, Espoir FC na APR FC zizakina ku munsi ukurikiyeho hamwe n’izindi ziri muri iyi foto.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Mu magambo meza: Butera Knowless yashimiye Miss Jolly wamutunguye ku isabukuru y’amavuko ye (video)

Amakuru mashya ku muhanzikazi Bwiza