in

NdabikunzeNdabikunze

Impanuka ikomeye yabaye mu kiyaga cya Kivu benshi baburirwa irengero.

Ubwato bwarohamye mu kiyaga cya KIvu kuri uyu wa Kane, itariki 11 Ugushyingo, nk’uko amakuru aturuka muri sosiyete sivili agera kuri POLITICO.CD avuga.

Nk’uko byatangajwe na perezida w’iyo sosiyete sivile, ni ubwato bwa moteri bwari buturutse muri Chigera butwaye abari bagiye kurema isoko rya Nyamukubi bwarohamye mu mazi ya Mabula, mu gace ka Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo.

Iyi sosiyete sivile ya Kalehe, ivuga ko mu bwato harimo abantu mirongo kugeza ubu baburiwe irengero nyuma y’umuyaga ukaze muri aya mazi. “Dutegereje ibyemezwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze muri raporo yemewe kuri iyi mpanuka …”

Si ubwa mbere kuko no Muri Nzeri, abandi bantu 7 baburiwe irengero mu mpanuka nk’iyi.

 

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Ibidasanzwe wamenya ku munsi w’abadafite abakunzi (single’s day) wizihizwa tariki 11/11.

Ibyo Sheebah Karungi yakoreye abafana be ni akumiro(AMAFOTO)