in

Ntabwo yitaye ku magambo yabazamuca intege: Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yatangaje inkuru y’uko agiye gusohora indirimbo yakoranye n’icyamamare Theo Bosebabireba

Umunyamakuru umaze kubaka izina hano mu Rwanda bitewe n’uburyo avugamo amakuru bigatuma yigarurira imitima ya benshi yatangaje ko agiye gushyira hanze indirimbo yakoranye na Theo Bosebabireba.

Ndahiro Valens Papy yatangarije Inyarwanda.com dukesha iyi nkuru ko agiye gusohora indirimbo yakoranye n’umuhanzi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Uwingiyimana Theo wamamaye ku izina rya Bosebabireba mu myaka yahambere.

Ndahiro Valens Papy yatangaje ko agiye gukora umuziki atitaye ku mugambo y’abantu bazamuca intege kandi ko umushinga w’indirimbo yakoranye na Theo warangiye ahubwo basigaye kubinoza.

Written by Aphrodis Nizeyimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250787782000

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Ni ibitangaza biba rimwe mu myaka igihumbi: Umubyeyi yabyaye umwana utwite impanga(ifoto)

Abakobwa barimo ubwoko 4: Musore dore icyo bigusaba kugira ngo ukundane na buri umwe muri bo