Imyidagaduro
Imiterere y’umuhanzi Man Martin yakangaranyije abakobwa kuri Internet

umuco wo kubaka umubiri watangiriye mu Bugereki na Egypt ahagana mu mwaka w’1880 kugeza mu mwaka w’1953 warumaze gushinga imizi.Uwitwa umubyeyi wo kubaka umubiri Eugen Sandow yakwirakwije amatwara yo kugorora imitsi no guterura ibiremerewe hagamije kugira umubiri ukomeye,maze mu kinyejana cya 19  Sandow azana irushanwa ry’abubaka umubiri yise ‘Great competition” nuko kubaka umubiri biba umuco wasakaye mu bice byose by’isi ,ndetse ubu byarenze kuba iby’abagabo n’abagore barabikora.
Uku kubaka umubiri nibyo umuhanzi ukunzwe n’abatari bacye Man Martin yagiyemo none iyo yifotoje agashyira hanze ifoto ye abakobwa bacika ururondogoro n’abasore badasigaye.
Hagati aho ku bakunzi ba Man Martin avuga ko agiye gushyira hanze album ya gatanu yise ‘Afro’ ndetse ngo mu gihe kitarambiranye abakunzi be muraba mwongeye kumva Martin mwakunze mu ndirimbo yamenyekaniyeho cyane yise ‘Urukumbuzi’.
Muri 2007 nibwo yakoze Album ya mbere yise ‘Isaha ya 9’. Icyo gihe ikaba yari iriho indirimbo ‘Isaha ya 9, urukumbuzi, Kumbu Kumbu (Urukumbuzi version ya 2), Urabeho, Genzura, Tube Umwe, Gitare Cyanje, Narabohowe, Wa si we uri nta munoza n’izindi.
Iyo Album ikaba yakozwe n’aba producers batandukanye barimo, Aaron Nitunga na Patrick Buddha bita Kiruru Nine ndetse na Mastora icyo gihe bakaba baribo bakora akazi ko gutunganya indirimbo nk’ababigize umwuga.
Nyuma yaje gusohora Album ya kabiri ayita ‘Icyo dupfana kiruta icyo dupfa’. Iyi Album yari yiganjeho indirimbo ziganisha ku butumwa bw’Ubumwe n’Amahoro. Yari iriho indirimbo nka ‘Icyo dupfana kiruta icyo dupfa, Banza, Urumuri, Ibihe, Tube Umwe (Rmx n’abahanzi 24 b’abanyarwanda), Baho, Urukundo, Bareke na Bizashira akaba yarayikoze mu mwaka wa 2010.
Nyuma y’iyo Album nibwo yatangiye gukora umuziki udashingiye ku iyobokamana gusa, aririmba ku buzima busanzwe burimo urukundo. Nibwo yaje gusohora indirimbo yitwa ‘Yari Wowe, Mazi Magari, Nyibwirira, Ni Amateka, Intero y’Amahoro, Ideni na Ivuzivuzi zose zikaba zaragara kuri Album ye ya gatatu yise ’Intero y’Amahoro’.Kuri ubu Mani Martin ni umwe mu bahanzi bafatwa nk’abahanga abandi bakareberaho  mu bakora umuziki w’u Rwanda muri rusange .
https://www.youtube.com/watch?v=6sctWz_aLWM
-
Imyidagaduro23 hours ago
Abanyamakuru ba Radio/TV10 bakije umuriro kuri KNC nyuma yo gushinja umwe muri bo kutarongora kandi akuze.
-
imikino20 hours ago
Amavubi yari yishyize mu mazi abira kubera umunyamakuru wa RBA
-
imikino10 hours ago
Mutsinzi Ange Jimmy yabaye igitaramo ku mbuga nkoranyambaga
-
Imyidagaduro8 hours ago
URUKUNDO RURASHONGA:Bijoux wo muri Bamenya uherutse kwambikwa impeta yamaze guhindura Fiancé (VIDEO)
-
inyigisho5 hours ago
Nujya gusezera uwo ukunda ujye umuha ukuboko kw’ibumoso| dore impamvu
-
imikino22 hours ago
Isi yose ikomeye amashyi ikipe y’U Rwanda Amavubi nyuma yo kunganya n’ikipe ya Maroc
-
Imyidagaduro22 hours ago
Miss Naomie yatanze igisubizo gisekeje abajijwe akazi k’ikitegererezo kuri we
-
inyigisho6 hours ago
Uretse amabuno y’abakobwa b’i Kigali, dore ibindi bintu bisigaye bituma abagabo baca inyuma abagore babo