in

Igitego abafana babonye ni icya Nyiragasazi gusa! APR FC na Rayon Sports zabuze ibitego ahubwo bitsindwa n’abafana bazo aribo Nyiragasazi wari uhanganye na Malayika

Mu mukino w’Umunsi wa 20 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro, APR FC na Rayon Sports zanganyije 0-0.

Nubwo nta gitego cyabonetse mu minota isanzwe y’umukino, abafana bari bitabiriye uyu mukino babonye igitego cyihariye cya Nyiragasazi, nyuma yo gutsinda penaliti mu irushanwa ryabereye hagati y’igice cya mbere n’icya kabiri. Iri rushanwa ryateguwe nk’igikorwa cyihariye, aho abafana, Nyiragasazi wa APR FC na Malayika wa Rayon Sports bashyizwe imbere y’amafaranga miliyoni 1 y’amanyarwanda bagaterana penaliti eshanu.

Umukino warinze urangira, abafana bari batarabona ibihe bikomeye cyane mu mukino, uretse penaliti ebyiri zaterewe mu karuhuko k’igice cya mbere. Nyiragasazi, usanzwe afana APR FC, yatsinze Malayika, ufana Rayon Sports, mu gice cy’iyi mikino y’abafana kuri penarite 2- 1.

Nyuma y’uyu mukino, Rayon Sports ikomeje kuyobora urutonde rwa Shampiyona n’amanota 43, ikurikirwa na APR FC ifite amanota 41.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Itangazo ryihutirwa! APR FC imaze gutangaza impanuka ku bantu bari kugura amatike yo kureba umukino ifitanye na Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports na APR FC bacitse ururondogoro nyuma y’amagambo Darko Novic yatangaje kuri kapitene wa Rayon Sports, Muhire Kevin