in

Ibintu udakwiye kwihanganira ku mukunzi wawe nubwo waba umukunda bingana bite.

Kubabarira no kwihanganirana ni ngombwa ku bakundana,ariko hari urugero imbabazi z’abakundana zigomba kugarukiraho,cyane cyane iyo umwe mu bakundana akosereza undi ukabona asa nubikora ku bushake bisa no guhimana,cyangwa se hakaba hari ibintu by’ingenzi umwifuzaho ariko ukabona ntacyo bimubwiye kandi bikagutera intimba,ntugakomeze kumwizirikaho kuko iyo mutarabana uba ugifite amahirwe yo gushaka undi muhuza.

1.Iyo umukunzi wawe nta kintu kizima mujya muganira akaba adashaka kukubwira ibye kandi mukundana,akaba adashaka kukwereka umuryango n’inshuti,akaguha amategeko ngenderwaho yo kumuhamagara no guhura nawe kandi nta mpamvu ifatika y’ayo mategeko,akakubwira nabi buri gihe uko muvuganye rimwe na rimwe akanagutuka.Ibyo si ibyo kwihanganira ahubwo jya wibaza noneho nimubana ibyo azagukorera,maze uvanemo akawe karenge hakiri kare.

2.Niba umukunzi wawe umukorera ibiri ngombwa byose biranga abakundana,ukamwubaha,ukamwumva vuba,ukamugira inama,ukamufasha mu bibazo,ukamuha igihe,ukamuha impano,ukamusohokana naho we ukabona ibyo byose umukorera ntacyo bimubwiye ndetse ntazagire n’umunsi umwe ubona yibwirije gukora na kimwe muri ibyo kandi azi ko ubikunda,wanabimusaba akabyanga kandi ukumva ubangamiwe no kuba atabikora,uzafate umwanzuro ukwiye,ushake uzajya abigukorera.

3.Umukunzi ushaka kuguhindura ku ngufu kandi akagufuhira bikabije,agashaka kugucaho incuti zose zaba abakobwa n’abahungu mwari musanzwe muziranye,yaguhamagara akakubura kuri telefoni intambara ikarota,ugasanga akubaza abantu muvugana n’ibyo muba muvugana,akanga ko unisobanura ngo agutege amatwi,anumve niba umubwiza ukuri cyangwa umubeshya.Ibi nabyo ntuzashake kubigumamo ejo yanagukubita kubera kugufuhira no kutumvira amtegeko ye ngo uhinduke uko ashaka.

4.Ibindi utazihanganira ni ibinyoma bikabije,ugasanga umukunzi wawe akunda kubeshya cyane, aguha amasezerano ntayasohoze,akakwiyemeraho cyane akakwizeza ibitangaza ntuzagire na kimwe umubonaho,nta cyizere ugomba kumugirira kuko no gufata umwanzuro wo kubana biba biri kure ndetse akenshi aba agutesha igihe,kandi burya munabanye wazasanga ari bihemu.

5.Iyo umukunzi wawe atereta abandi kandi ari wowe mwemeranijwe kubana akabikora mu ibanga cyangwa unabizi,wamubaza ntagusubize ahubwo akakurusha uburakari rimwe na rimwe akanaguhakanira ko atazabareka mutarabana kuko hari abasore bakiyumvisha ko bazareka gutereta mumaze kubana ariko nyamara aba akubeshya kuko niba bimunaniye akiguharaye mutarabana nurugeramo noneho azakora ibirenze kandi ntacyo wakora,ibyiza wamureka hakiri kare kugira ngo utazicwa n’agahinda.

6.Ntuzihanganire na rimwe umukunzi uhora akubabaza aho kugushimisha,igihe kinini mugahora mwashwanye mupfa ibintu by’amafuti kandi akenshi ariwe biturutseho,uzamureke utaroye inyuma, nta munezero aba azaguha nubundi mu buzima bwawe n’iyo mwabana.

Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa :http://yegob.rw/dating

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Burya umuntu ava kure koko: Reba uburyo bamwe mu byamamare nyarwanda bari bameze bakiri bato (AMAFOTO)

Amwe mu mafoto ushobora kuba utarigeze ubona ya Miss Bahati Grace n’umukunzi we bari mu munyenga w’urukundo.