in

“Hatabaye uburangare ku nzego zose icyaha nticyaba” RIB yemeye ko habaye uburangare bigatuma Kazungu yica abantu ntawurabutswe

“Hatabaye uburangare ku nzego zose icyaha nticyaba” RIB yemeye ko habaye uburangare bigatuma Kazungu yica abantu ntawurabutswe.

Ku munsi w’ejo hashize nibwo habaye ikiganiro cya Polisi y’u Rwanda na RIB aho bakigiranye n’itangazamakuru.

Muri iki kiganiro havugiwemo ingingo nyinshi zigiye zitandukanye.

Imwe mu ngingo yagarutsweho ni uburyo Kazungu Denis yishe abantu 14 ntawurabutswe.

Umuyobozi wa RIB, yavuze ko Kazungu Denis atari mu bantu bakekwa kubera amateka ye n’ukuntu yakuze.

Avuga ko umugambi we yawuteguye ndetse neza yitonze aho yaguze inzu iri ahantu hayonyine kuko yari icyicyijwe n’imirima y’abaturage.

Akomeza avuga ko kandi Kazungu yahisemo abo azajya yica, aho yahitagamo babandi badafite ubabaririza kuko mu bo yishe bose nta wari watanzweho ikirego ko yabuze.

Abajijwe niba hatarabayeho uburangare bigatuma Kazungu yica abantu ntawurabutswe, yemeje ko ibyaha bibaho habaye uburangare.

Yagize ati: “Hatabaye uburangare ku nzego zose icyaha nticyaba.”

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Nta mugabo usaza atabonye! I Kigali, umugabo yagiye kwa muganga bamufunga urubyaro atabibwiye umugore we, none yatunguwe no kubona umugore we atwite inda akamubwira ko ariwe wayimuteye

Mangwende ntabwo amerewe neza dore ko muri FAR Rabat atanagikirerwa icyo abakinnyi benshi bifuza