in

Haringingo utoza Rayon sports akomeje kwizeza abafana b’iyi kipe ibitangaza nk’ibyo Yesu yakoreye i kana.

Ku munsi w’ejo umukino wari utegerejwe na benshi, watangiye gukinwa saa cyenda zuzuye (15:00), aho Rayon Sports yari yakiriye ikipe ya Police FC kuri sitade ya Muhanga, aho Rayon sports iri kwakirira imikino yayo muri icyi gice cya kabiri cya shampiyona.

Nyuma yu y’umukino wahuzaga ikipe ya Rayon sports na Police fc, warangiye ikipe ya Police fc inyagiye ikipe ya Rayon sports ibitego bine kuri bibiri , kuruhande rwa Police fc byatsinzwe n’abakinnyi bakurira Dany usengimana ku munota wa 14′, Muhadjiri Hakizimana wagitsinze kuri penalite ku munota wa 24′, Ntirushwa Aime yaje kongeramo icya gatatu ku munota wa 82′ w’umukino, mugihe mu minota yinyongera bari bongeyeho itanu jean bosco Kayitaba yaje ashimangira instinzi , mu gihe kuruhande rwa Rayon sports batsindiwe na paul were 23′ ndetse na Esenu musa ku munota wa 27′.

Nyuma yu y’umukino war’ishiraniro, itangazamakuru ryegereye umutoza Haringingo utoza Rayon sports maze rimubaza icyatumye atsindwa n’ikipe ya Police fc, yagize ati “ nibazako urebye uburyo twagarutse mu gice cyakabire icyabuze ari amahirwe, kuko twabonye uburyo nka 2 bwo kuba twarangiza umukino ariko ntitwabubyaza umusaruro, nibaza yuko rero iyo ubonye amahirwe ntuyabyaze umusaruro hari igihe nabo nyuma bashobora kubona amahirwe bakayabyaza umusaruro, icyo mvuga nuko twabuze amahirwe nicyo cyatumye dutsindwa uyu mukino, ikindi nibaza ko ikipe ari ugukomeza kubaho, rero kuba twarahagazemo haricyo byagabanuye kuko siko twari kuba tumeze”

Yakomeje avuga ko kandi imisimburize isa nkaho yabaye batabiteguye, nkaho avugako gusimbuza Mitima Issac ndetse n’umuzamu HAKIZIMANA Adolphe nyuma yo kuvunika ukuboko ndetse no kubura abakinnyi nka Ganijuru Elie nabyo biri mubyabakoze munkokora bigatuma batsindwa.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Inkuru nziza kuri mwalimu Rucagu Boniface wakubiswe akagirwa intere n’abagizi ba nabi

Wari wabaye keza! Mu mafoto irebere uburyo Alliah Cool yaserutse yambaye neza kurusha abandi bari baraho mu birori byo guhembwa abakinnyi ba filime