in

Hakizimana Adolphe yatangaje ikintu gikomeye umutoza wa Rayon Sports yamukoreye kigatuma yongera gufasha iyi kipe

Umuzamu wa Rayon Sports Hakizimana Adolphe yatangaje ko Haringingo Francis yamufashije mu gihe atari ari mu bihe bye byiza bitaguma yongera kugaruka ameze neza.

Hakizimana Adolphe mu minsi ishize ntabwo yari mu bihe byiza byanatumaga umutoza Haringingo Francis utoza Rayon Sports akinisha Ramadhan Kabwili, ariko muri iyi minsi arimo kugaragaza ko yagarutse muri bya bihe abakunzi b’iyi kipe bifuzaga.

Uyu musore mu kiganiro yahaye Flash FM nyuma y’umukino Rayon Sports yakinnye ku munsi w’ejo hashize, yavuze ko Haringingo Francis yamuganirije akajya amufasha mu gihe yari mu bihe bibi bigatuma yongera kugaruka mu bihe byiza. Uyu mukinnyi kandi yavuze ko imvune yagize mu mukino w’ejo idakanganye cyane n’umukino wo muri wikendi ashobora kuzawukina.

Hakizimana Adolphe yanabwiye abafana ba Rayon Sports ko ibyo gukomeza kumva ibye no kujya muri APR FC babyikuramo ahubwo bakamenya ko ubu ari umukinnyi wa Rayon Sports 100%.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Manchester United yatsinzwe na Cadiz mu mukino umunyarwanda Noam Emeran yitwayemo neza

Umutoza Haringingo Francis yongeye gushimagiza umukinnyi umwe rukumbi wa Rayon Sports