in

NdabikunzeNdabikunze

Guma mu rugo yabahaye ibitekerezo byo gukora none byabateje imbere

Abasore batatu aribo Ntahontamusanga Promesse
Izere Didier Christian na Rwabukwisi Kevin batangije company yitwa Buomo Group Ltd akaba ari company ikora ibijyanye n’ubwubatsi (construction).

Umwe muri aba basore twaganiriye yatubwiye ko we na bagenzi be bakorana bagize igitekerezo cyo kuba bakura amaboko mu mufuka bakikorera ubwo bari muri Guma mu rugo yo muri Mata 2020. Yongeyeho ko igishoro batangije bakishatsemo nk’uko urubyiruko ruhora rubitozwa ko Intore itaganya ahubwo yishakira ibisubizo. Uko kwishakira ibisubizo byaguriye imikorere uru rubyiruko kuko kuri ubu buri wese yaritinyutse abasha kwagura imikorere ye ku giti cye akora ibindi bikorwa ku ruhande gusa bishamikiye kuri Buomo Ltd.

Muri Buomo Group Ltd bibanda cyane mu gukora concrete materials nk’amapavers ndetse n’ama block.

Kuri ubu Buomo Ltd imaze gukora kuri projets zitandukanye arizo RNRA, ISAR Huye na project ya WAP

Promesse, Didier Christian na Kevin bagiriye inama urubyiruko kwitinyuka bagakura amaboko mu mifuka bagakora

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

« Ngo dore igikorwa cy’ububwa » – Ubukwe bwa Rocky bwabaye igitaramo

Uko Umunyamakuru Yago bamugambaniye bashaka Ubugabo bwe