in

Georgina Rodriguez umugore wa Cristiano Ronaldo yakije umuriro kuri Santos utoza Portugal

Ubutumwa bwa Georgina

Georgina Rodriguez umufasha wa kizigenza Cristiano Ronaldo yasabye umutoza wa Portugal guha agahenge umugabo we ndetse akajya amuha umwanya wo kubanza mu kibuga.

Ubutumwa bwa Georgina

Ku mukino wa 1/8 mu gikombe cy’isi Portugal yanyagiyemo Switzerland Ibitego 6 kuri kimwe, kizigenza Cristiano Ronaldo ntiyigrzs abanza mu kibuga kuko Fernando Santos utoza Portugal yari yahisemo kubanza mu kibuga Gonçalo Ramos waje no gutsinda Ibitego bitatu mu mukino.
Nyuma y’uko Ronaldo yicaye iminota irenga 70 kuko yinjiye mu kibuga asimbuye ku munota wa 73, isi ya ruhago yarahungabanye ndetse buri wese agira icyo abitangazaho.
Ronaldo wicaye ku ntebe y’abasimbura iminota irenga 70 bigatungura isi

Uwari utahiwe ni Georgina umufasha wa Ronaldo maze nawe ajya ku rukuta rwe rwa Instagram arandika ati
” Mwakoze cyane Portugal”
” Ubwo abakinnyi 11 baririmbaga indirimbo yubahiriza igihugu amaso yose yari kuri wowe”.
Mbega ikimwaro n’agahinda kutabasha kuryoherwa no kureba umukinnyi wa mbere ku isi akina iminota 90, abafana ntago bigeze bahagarika gusaba ko wajyamo no ku kuririmba.”
Madamu Ronaldo yashoje ubutumwa bwe asaba ko Fernando Santos utoza Portugal yazaganira na Ronaldo ibibazo bigakemuka abafana bakazongera kuryoherwa no kureba Ronaldo.
Gonçalo Ramos w’imyaka 21 ushobora gutuma Ronaldo ikibuga azajya acyumva nk’inzozi

Ikipe y’igihugu ya Portugal izacakirana na Morocco mu mukino wa 1/4 mu gikombe cy’isi uzakinwa ku wa gatandatu.

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Harmonize na Kajala umubano wabo wajemo umwuka mubi

Ibya Harmonize na Kajala byadogereye, urukundo rwabo ruri mu marembera (inkuru irambuye)