in

FERWAFA yageneye ubutumwa abasiporutifu muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ( FERWAFA) ryageneye ubutumwa abanyarwanda bose muri ibi bihe bitoroshye byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana inzirakarengana z’Abatutsi barenga miliyoni imwe.

Kuri uyu munsi ku itariki 07 Mata 2023, abanyarwanda bose ndetse n’inshuti zabo, batangiye iminsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibi bihe biba bitoroshye bisaba kuban hafi ko gukomezanya , niho abantu batandukanye bagiye bagenera ubutumwa abanyarwanda bubakomeza ndetse bubafasha kwihangana.

FERWAFA ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter, yageneye ubutumwa abanyarwanda bubakomeza.

Ubutumwa bwa FERWAFA

FERWAFA yanditse iti: ” Mu gihe twibuka basaza bacu na bashiki bacu bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, nk’abakinnyi b’umupira w’amaguru twunamiye ubuzima bwishwe kandi tunasezeranya ko tuzashyigikira byimazeyo kubaka u Rwanda rwunze ubumwe”.

Written by THIERRY Mugiraneza

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it :+250 789 020 938

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umuhanzi Harmonize yahumurije abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi

Chris Easy yatanze ubutumwa bw’isanamitima, anagira inama urubyiruko muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (Video)