in

FERWAFA mu mpinduka zikomeye: Perezida agiye kujya yihitiramo abo bayoborana, komisiyo enye zirakurwaho

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rigiye gukora impinduka zikomeye mu miyoborere yarwo, aho komisiyo enye zirimo ishinzwe Iterambere ry’Umupira w’Abagore zigiye kuvaho, maze Perezida w’iri shyirahamwe abe ari we uzajya yihitiramo abo bakorana muri Komite Nyobozi.

Izi mpinduka ziteganyijwe kwemezwa mu Nteko Rusange Idasanzwe izabera kuri Serena Hotel i Kigali ku wa 3 Gicurasi 2025. Muri iyi Nteko, hazemezwa Amategeko Shingiro mashya ya FERWAFA ya 2025, azagena uburyo bushya bwo gushyiraho Komite Nyobozi.

Komite Nyobozi izaba igizwe n’abantu icyenda gusa, barimo Perezida, ba Visi Perezida babiri n’abandi bayobozi bashinzwe imirimo itandukanye, birimo Imari, Amarushanwa, Tekiniki, Imisifurire, Amategeko n’Ubuvuzi.

Komisiyo zakuweho ni: ishinzwe Kumenyekanisha ibikorwa no gushaka inkunga, Umupira w’Abagore, Umutekano ku mikino n’Amakipe y’Igihugu. Ibyemezo byafashwe bivugwaho byinshi, cyane ko byaba bigamije gufasha Munyantwali Alphonse kongera kwiyamamaza byoroshye ndetse agashyiraho ikipe imushyigikiye.

Munyantwali Alphonse umuyobozi wa FERWAFA

Gusa bamwe mu banyamuryango bavuga ko gukuraho komisiyo y’umupira w’abagore bitajyanye n’intambwe u Rwanda rumaze gutera mu guteza imbere uburinganire n’uruhare rw’abagore muri siporo.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Turahirwa Moses yongeye gutabwa muri yombi akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge